blankAbasifuzi basifuye kuri uyu mukino

Kuri uyu Gatatu, tariki 12/02/2025 kuri Stade de l’Amitien ku Mumena ikipe yo mu kiciro cya Kabili City Boys FC yakiriye mukuru wayo wo mu kiciro cya Mbere Gorilla FC, umukino watangiye Saa Munani na 58! Watangiye Gorilla FC igaragaza ko koko ari nkuru kuko yakiniraga mu kibuga cya City Boys ntibyanatinda mu guhererekanya umupira ku munota wa 2 gusa Ndikumana Landry atsinda igitego cya 1 cya Gorilla FC, n’ubundi Gorilla FC yakomeje gusatira City Boys maze ku munota wa 19 Sally Yipoh ahereza umupira Ndikumana Landry ariko awutera mu ntoki z'umunyezamu Bate Shamiru.

Ku munota wa 24 umukinnyi wa Gorilla FC Sally Yipoh yahaye umwanya Frank yinjirana imbaraga ashakisha umupira ku munota wa 25 Gorilla FC yabonye koroneri ariko ntiyagira icyo itanga.

Ku munota wa 27 ku makosa y'abo hagati ba City Boys Frank wa Gorilla FC yabanyuze hagati ariko umupira awutera mu ntoki z'umunyezamu Bate Shamiru.

Ku munota wa 29 Gorilla yabonye kufura ku ikosa ryaturutse ku bakinnyi bo hagati iterwa na Nsanzimfura Keddy ariko atera hejuru cyane y'umutambiko w'izamu.

Numero 7 Iroko Babatunde wa City Boys ku munota wa 36 yazamukanye umupira awuhawe na Gitangaza Joseph ariko umupira unyura gato iruhande rw'izamu

Ku munota wa 45+1 Gorilla yakomeje guhanahana umupira bakinira hagati igice cya mbere kirangira ari igitego 1 ku busa bwa City Boys

Igice cya 2 cyatangiranye imbaraga cyane kuri City Boys aho abo hagati Mbaga Patrick na Gitangaza Joseph bubatse urukuta rwagoye cyane abataka ba Gorilla FC. Abakinnyi ba City Boys bageze ku munota wa 52 batera igitutu Gorilla cyane abakinnyi bo hagati maze ku munota wa 54 Mucyo Jean de Dieu ayibonera Igitego biba 1-1.

Ikipe zombi zakomeje gusatirana ari nako abatoza ku mpande zombi yaba Alain Kirasa wa Gorilla FC na Karisa Shan Vice President wa City Boys watoje mpaka umukino usoje gusa akajya agisha inama umutoza mukuru Niyibizi Jean Claude bose bari bafite ishyaka ubona ko harushaka iInsinzi ariko umukino urangira ari 1-1.

blank
Kalisa Channy Vice President niwe watoje City Boys kuri uyu mukino
blank
11 City Boys yabanje mu kibuga
blank
11 Gorilla yabanje mu kibuga
blank
Abasifuzi basifuye kuri uyu mukino

Mu yindi mikino AS Kigali yatsinze Vision FC igitego 1-0, Intare zitsindwa na Mukura VS 1-0, Nyanza itsinda Police FC 2-1, Amagaju atsinda Bugesera FC 2-1, Rutsiro itsindwa na Rayon Sports 2-1, AS Muhanga itsindwa na Gasogi United 2-0, APR FC inganya nya Musanze FC 0-0.

blank

blank
Hadji Mudaheranwa, Prezida wa Rwanda Premier League akanaba prezida wa Gorilla FC
blank
Mudaheranwa Shaffy Preside wa City Boys
blank
Mama Shanny

blank

blank

blank

blank

blank

blank

blank

blank

blank

blank

blank

blank

Amaforo: Gorila FC.