blank

Irushanwa ‘Esperance Football Tournament’ rikomeje gukurikirwa n'abakunzi ba Ruhago benshi ku kibuga cya Tapis Rouge i Nyamirambo, rigeze muri ¼.

blank
Ishimwe Claude "Cucuri" wariteguye

Iri rushanwa rigamije gukomeza gufasha abakinnyi kumera neza mu gihe hatari imikino, ryateguwe na Ishimwe Claude bahimba ‘Cucuri’ usanzwe ari umusifuzi mpuzamahanga w'Umunyarwanda.

blank
Ishimwe Claude "Cucuri " na Munyakazi Sadate nyiri Company "Karame Rwanda Ltd" umwe mu baterankunga bakomeye b'iri rushanwa

Uyu munsi haraba umukino umwe uhuza Start Morning na Native Sports saa Saba. Ni mu gihe Stella FC izakina na Young Boys ejo ku wa Kabiri, tariki ya 1 Nyakanga saa Cyenda zuzuye umukino utegerejwe na benshi, uzahuza ikipe y’abakinnyi bakomoka i Rubavu (Brésil) ifite abafana benshi na Spark Victory ku wa Gatatu, tariki ya 2 Nyakanga saa Cyenda.

blank
Stella FC imwe mu makipe yiganjemo abakinnyi bakomeye muri Shampiyona

Ejo hashize muri ½, hakomeje ikipe ya Golden Generation itsinze BUJA City ibitego 3-1, Golden Generation ikazakina niza kurokoka hagati ya Start Morning na Native Sports uyu munsi, zikazakina ku wa Kane saa Saba.

blank
Iri rushanwa riritabirwa n'abakunzi ba Ruhago ku buryo bukomeye

Ni mu gihe, izakomeza hagati ya Stella FC na Young Boys izahura n’izava hagati ya Brésil na Spark Victory ku wa Kane saa Cyenda.

blank
Ikipe y'abakinnyi baturuka i Rubavu Bresil FC

Umukino wo guhatanira umwanya wa gatatu n’uwa nyuma uzagena uwegukana igikombe, iteganyijwe ku wa Gatandatu, tariki ya 5 Nyakanga 2025 kuri Kigali Pelé Stadium.
blank

blank
Ikipe ya Golden Generation ejo yakuyemo BUJA City

Ubwo iri rushanwa rizaba rigeze muri ½, imikino izakinwa mu bagore yo ni Inyamibwa WFC izakina na Imbuto WFC ku ya 1 Nyakanga saa Saba, mu gihe Nyampinga WFC izakina na Inyange WFC ku wa 2 Nyakanga saa Saba

blank
Munyakazi Sadate ari mu batanga ibihembo muri iri rushanwa

blankblank

blank
Gahunda y'uko irushanwa rizakomeza

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *